Month: <span>February 2017</span>

Ikipe ya “UNIK VC” yiteguye guhagararira u Rwanda mu mikino

Ikipe y’umukino w’amaboko ya Volleyball ya Kaminuza ya Kibungo “UNIK VC” iratangira imyitozi ikaze ku wa gatatu w’iki cyumweru aho bitegura kwerekeza mu gihigu cya Tunisia mu mikino nyafrika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo. UNIK VC ni yo ifite igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda mu mikino ya Volleyball mu cyiciro cya mbere, yagitwaye mu mwaka […]Irambuye

Leta nikumire Abazunguzayi aho gushyira imbaraga mu guhana – Sosiye

Mu gutangiza ukwezi kwahariwe imiryango itegamiye kuri Leta yibumbiye muri sosiyete sivile kuri uyu wa mbere, umuyobozi wayo Eduard Munyamariza yatangaje ko bo babona ko Leta yashyira imbaraga mu bisubizo birambye byakumira abakora ubucuruzi ku mihanda aho gushyira imbaraga mu bihano. Munyamariza avuga ko ibihano ku bagura n’abagurisha ntibikemura iki kibazo ku buryo buryambye. Ati […]Irambuye

Georges W Bush asigaye ari umunyabugeni

Nyuma yo kuva mu mirimo yo kuyobora USA, muri iki gihe George W Bush asigaye akora ibihangano by’ubugeni, agashushanya ku  byapa akoresheje amarangi. Bimwe mu bihangano bye harimo amashusho y’abahoze bayobora USA, abagize umuryango we, we ubwe ndetse n’amatungo yoroye. George Bush aherutse gutangaza igitabo yanditse yise “Portraits of Courage: A Commander in Chief’s Tribute to America’s Warriors.” […]Irambuye

Mozambique: Abatanzania, Abasomali n’abo muri Senegal birukanywe nabi, abagore bafatwa

Abagera ku 5 000 birukanywe ni abo muri Tanzania, abandi babarirwa muri mirongo ni abanyamahanga, bahunze Mozambique mu gikorwa Leta yatangije cyo gufata no kwirukana ku butaka bwayo abimukira badafite ibyangombwa baba mu mujyi wa Montepuez, uherereye mu Majyaruguru, ukaba uzwi cyane kubera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro gakomeye yitwa ‘Rubies’. Abanyamahanga bari barajyiye muri uwo mujyi […]Irambuye

Knowless yabonye kompanyi bazakorana umwaka

Kuri uyu wa mbere tariki ya 27 Gashyantare umuhanzikazi Knowless Butera yashyize umukono ku masezerano y’imikoranire y’igihe cy’umwaka yagiranye na kompanyi ya Itel icuruza amatelefone. Mu kiganiro n’abanyamakuru, uhagarariye iyi kompanyi yavuze ko impamvu bifashishije Knowless ari uko ari umwe mu bahanzi bakozeho ubushakashatsi bagasanga afite umubare munini w’abamukurikirana. Avuga ko mu buryo bw’ubucurizi no […]Irambuye

Nyaruguru: Abaturage b’abahinzi bishyize hamwe bakora koperative ikora isabune

 *Umuturage wo muri ako gace ukeneye isabune adafite amafaranga ngo baramukopa, *Ikibazo bafite ni icyo kudahaza isoko ry’abakeneye isabune kubera imashini yapfuye. Mu murenge wa Nyagisozi wo mu karere ka Nyaruguru abaturage bishyize hamwe bashinga koperative ikora amasabune none ngo uretse kubafasha mu mibereho, bo ubwabo ngo n’abaturage baturiye aho koperative ikorera ngo ibafasha kwita […]Irambuye

Rwabicuma – Nyagisozi barasaba ikiraro kuko iki ‘nta kigenda’

Hagati y’Umurenge wa Rwabicuma na Nyagisozi mu karere ka Nyanza ahaca umugezi wa Mwogo iyo imvura yaguye ikiraro kirarengerwa, n’ubusanzwe ariko ngo si ikiraro gikwiriye cyabafasha guhahirana. Safari Vincent umukozi mu mushinga w’ubuhinzi ukorera mu mirenge ya Nyagisozi na Rwabicuma akoresha moto yambuka iki kiraro, buri munsi ni ingorane kuri we ndetse ngo iyo imvura […]Irambuye

Nyanza: Ubuhinzi bujyanye n’amakuru yizewe y’iteganyagihe mu gace k’Amayaga

*Abaturage bagira uruhare mu guhitamo imyaka bazahinga bagafatanya n’ushinzwe ubuhinzi. Mu Rwanda imbogamizi ikomeye mu buhinzi ni ukubura amakuru y’uko ikirere kizaramuka bituma bamwe mu bahinzi bahombywa no kurumba kw’imyaka bitewe no kutamenya icyo bazahinga bijyanye n’ingano y’imvura izagwa, mu Karere ka Nyanza, mu mpera z’icyumweru gishize, abaturage basobanuriwe ingano y’imvura ihari banumvikana ku bihingwa […]Irambuye

Menya ubumara bukaze bwitwa VX bwicishijwe umuvandimwe wa Kim Jong

Kim Jong Nam, umuvandimwe wa Perezida Kim Jong-un wa Korea ya Ruguru  yicishijwe ubumara bwitwa VX. Umuhanga mu butabire kirimbuzi Olivier Lepick yasobanuye ku by’ubu bumara busanzwe buri ku rutonde rw’intwaro kirimbuzi rw’Umuryango w’Abibumbye. Police yo muri Malaysia yatangaje kuwa gatanu ko Kim Jong Nam  uyu mugabo yicishijwe buriya bumara kuwa 13 Gashyantare ku kibuga […]Irambuye

Umuyobozi wa Kaminuza Mpuzamahanga ya Rusizi ukekwaho kunyereza yarekuwe

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje urukiko rw’ibanze rwa Kamembe rwategetse ko umuyobozi wa   kaminuza Mpuzamahanga ya Rusizi, Dr Gahutu Pascal ukekwaho ibyaha birimo kunyereza amafaranga y’iyi kaminuza arekurwa by’agateganyo agakurikiranwa ari hanze. Urukiko rwategetse ko Dr Gahutu adakomeza gucumbikirwa kuri station ya police kuko nta mpamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha. Dr Gahutu yatawe muri […]Irambuye

en_USEnglish