Month: <span>July 2014</span>

Aziya n'Uburayi barikanga Ebola

Iki cyorezo kimaze hafi amezi atatu gitangiye kwica abantu mu gihugu cya Guinee, Cameroun n’ibindi ubu ibihugu by’i burayi na aziya birikanga ko bamwe mu baturage babyo batembera muri Afurika bashobora kuba barazanye virus itera iriya ndwara. Ubu mu  gihugu cya Hong Kong kiri mu Majyepfo y’Ubushinwa haravugwa umugore wari uturutse muri Kenya wagaragayeho bimwe […]Irambuye

Dr Biruta yahaye ububasha Prof Lwakabamba muri MINEDUC

Ku gicamunsi cya none kuwa 30 Nyakanga nibwo ku kicaro cya Ministeri y’Uburezi ku Kacyiru Dr Vicent Biruta yahererekanyije ububasha na Prof Silas Lwakabamba Ministre w’Uburezi mushya w’u Rwanda. Dr Biruta wari umaze imyaka itatu kuri uyu mwanya yavuze ko uburezi ari ikintu gihindagurika kugirango hagenderwe ku ngamba nshya na politiki nshya hagamijwe kunoza ireme […]Irambuye

Umutambagiro udasanzwe w’Umuganura. AMAFOTO

Kuri uyu wa 30 Nyakanga kugera kuwa 1 Kanama mu Rwanda hatangijwe ibikorwa bitandukanye bijyanye no kwizihiza umunsi w’Umuganura. Ibikorwa byatangiwe n’Umutambagiro ubaye ku nshuro ya mbere waturutse i Nyamirambo kuri Club Rafiki usorezwa kur stade Amahoro i Remera. Lauren Makuza  ushinzwe iterambere ry’umuco muri Ministeri y’umuco na Siporo  avuga ko  uyu munsi wibutsa abanyarwanda […]Irambuye

Nirisarike na Uzamukunda banze kuza mu mukino wo kwishyura Congo

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye uyu munsi kuva saa munani z’amanywa umutoza w’ikipe y’igihugu Stephen Constantine yavuze ko yatumiye myugariro Salomon Nirisarike na rutahizamu Uzamukunda Elias ngo baze gukinira ikipe y’igihugu Amavubi ariko bikarangira bataje ndetse batanavuze impamvu. Uyu mutoza w’umwongereza avuga ko yari yifuje gukoresha aba bakinnyi bombi ariko ko nta n’umwe muri bo wigeze […]Irambuye

Gitwe: ba ‘nyamweru’ Ellen na Eliphaz basezeranye kubana

Murekeyisoni Ellen, umukobwa w’imyaka 22 y’amavuko kuri uyu wa 30 Nyakanga 2014 yasinye kuzabana akaramata na Bikorimana Eliphaz, umuhango wo gusinya mu rukiko kw’aba bombi ukaba wishimiwe n’abantu benshi i Gitwe mu karere ka Ruhango, aba bombi bafite uruhu rw’abo bakunze kwita ba Nyamweru. Benshi mu bafite uruhu rumeze gutya bakunze guhezwa, kunenwa no kutitabwaho […]Irambuye

Ruhango: Barasaba MINAGRI gutunganya igishanga cya Mukunguri

Abaturage bo mu Karere ka Ruhango bahinga mu gishanga cya  Mukunguri  gisangiwe n’uturere twa Ruhango na Kamonyi, bibumbiye mu ishyirahamwe rihinga umuceri ryitwa Mukunguri Rice promotion and Investment Campany barasaba MINAGRI ko yasana kiriya gishanga vuba kuko isuri izanwa n’amazi kikavamo amazi  ibangiriza imirimo, bigatuma bateza neza. Ubusanzwe  igishanga cya Mukunguri  cyera toni  1800 ku […]Irambuye

Lt Mutabazi na Camarade basabiwe gufungwa burundu

Kanombe – Nk’uko byari biteganyijwe kuri uyu wa gatatu tariki ya 30 Nyakanga 2014, urubanza rwitirirwa Lt Joel Mutabazi n’abo baregwa hamwe rwasubukuwe, ubushinjacyaha bukaba bwatanze imyanzuro yanditse bunasabira ibihano buri wese muri 16 bakurikiranweho ibyaha bikomeye byo gushaka guhirika ubutegetsi buriho n’iterabwoba, Lt Mutabazi na Nshimiyimana alias Camarade basabiwe gufungwa burundu ariko bo basabye […]Irambuye

Kugona bishobora gutera indwara zikomeye. Uko wabihagarika

Abantu benshi babura ibitotsi nijoro, kubura ibitotsi akenshi ni ikimenyetso cy’uko hari ibiba bitagenda mu mubiri cyangwa mu buzima. Indwara zo kugwa agacuho utakoze kandi ntusinzire, umuvuduko w’amaraso n’indwara z’umutwe zidasobanutse ni ibimenyetso by’ikibazo cy’ibitotsi, indwara bita obstructive sleep apnea (OSA). Kuki abantu bafite iriya ndwara batabona ibitotsi bifuza nijoro? igisubizo gishobora kugutungura. Ni ukubera KUGONA. […]Irambuye

Mani Martin yaba yagiye mu Bufaransa gushaka akazi

Mu gitondo cyo kuwa mbere tariki 28 Nyakanga nibwo Manirakiza Martin uzwi cyane nka Mani Martin yahagurutse i Kigali yerekeza mu Bufaransa, bamwe mu nshuti ze za hafi baravuga ko yaba yahabonye uburyo bwo gukorerayo akagumayo, nubwo we atabivuze gutyo agenda. Mani Martin ni umuhanzi wagiye kenshi mu bihugu by’amahanga kuririmba no kurushanwa agataha. Bamwe […]Irambuye

Gaza: Hamas yarahiriye kudaha Israel agahenge

Umwe mu bayobozi b’ingabo bakuru ba Hamas yavuze ko batazemera guha agahenge Israel mu rwego rwo gutuma amahoro agaruka mu Ntara ya Gaza. Hamas ivuga ko hari akagambane hagati ya Misiri na Israel cyane cyane ko aka gahenge kari gusabwa na Misiri nk’umuhuza. Mu butumwa bukoresheje amajwi, Mohammad Deif, ukuriye ishami rya gisirikare rya Hamas […]Irambuye

en_USEnglish