Inshuro ebyiri mu mwaka abaganga b’impuguke baturuka muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika baza mu bitaro bya Gitwe kuvura indwara zananiranye, ubu bari kuvura indwara y’umwingo ku buntu, igikorwa cyari kuzatwara amafranga asaga miliyoni 25 ku bantu 36 bazavurwa. Aba baganga b’Abanyamerika 16 baje baturutse muri za Leta zimwe zigize Amerika nka Calfornia, Texas, New York […]Irambuye
Christine Quinn ubu ari kwiyamamariza kuyobora umujyi uzwi cyane ku Isi wa New York, atsinze bwaba ari ubwa mbere uyu mujyi uyobowe n’umugore ariko kandi wiyemerera ko aryamana n’abagore bagenzi be. Christine Quinn ubusanzwe ni umuvugizi w’inama y’ubuyobozi ya New York, arashaka gusimbura Michael Bloomberg umaze imyaka 12 ari Mayor wa New York. Amatora azaba […]Irambuye
Ubwoba ni bwose ubu ku bashinwa bakoresheje amazi y’umugezi wa Huangpu nyuma y’uko ku nkengero zarwo ndetse no mu ruzi kuri uyu wa 13 Werurwe hasanzwe intumbi 3000 z’ingurube nto n’inini zahaboreye. Mu gihe isi ihangayikishijwe n’ibidukikije imiryango itandukanye yahagurutse yamagana uburyo abashinwa bajugunye izi ngurube bagahumanya umugezi ukoreshwa n’abantu ibihumbi mu mirimo itandukanye. Ntabwo […]Irambuye
Ba banya Uganda bamenyerewe cyane mu kimansuro bazwi ku izina rya Esteem Dancers abababonye bwa mbere babyina batangariye ubuhanga bwabo, kuri uyu wa gatanu muri Madronna Inn barafatanya na bamwe mu bahanzi nyarwanda kubasusurutsa. Abababonye bwa mbere batashye bifuza kuzongera kubabona, ngo babagaragarije ko babizi koko ukurikije imibyinire yabo ndetse n’imyambarire , itari imenyerewe mu […]Irambuye
Umunsi wo kuya 14 Werurwe 2013 Photos/P Muzogeye Niba nawe ufite ifoto YAWE WIFATIYE, ubona ifite ubusobanuro ukaba ushaka kuyisangiza abasomyi b’UM– USEKE.COM yohereze kuri [email protected] UM– USEKE.COMIrambuye
Aho bari biherereye muri shapeli abakaridinali 115 bamaze gutora Papa mushya, uwo ni Cardinal Jorge Bergoglio wafashe izina rya Francis, watowe ku mogoroba wo kuri uyu wa 13 Werurwe, biranzwe n’umwotsi bita ko wera uherekezwa n’inzogera ziranga mu rusisiro rw’umujyi muto wa Vaticani i Roma mu Ubutaliyani. Cardinal Jean Louis Tauran niwe wasohotse imbere y’imbaga […]Irambuye
13/03/2013 – Leta y’Ubwongereza ibinyujije mu kigega cyayo cy’iterambere mpuzamahanga, DFID, yatangaje ko izatanga miliyoni icyenda z’amapound muri gahunda z’iterambere ku rwego rw’Imirenge zigenzurwa na Leta zizwi nka VUP. Ni nyuma y’uko tariki ya mbere Werurwe uyu mwaka DIFD itangaje ko ku nkunga ya miliyoni 21£ yari yarahagarikiye u Rwanda ibaye yemeye gutanga miliyoni 16£ […]Irambuye
Mujawamariya Alphonsine wari umunyeshuri muri VTC Karambi arwarije umwana mu bitaro bya Gitwe,yavuze ko ahangayikishijwe no kuba umwe mu bapadiri bo kuri paroise ya Karambi yaramuteye inda ntiyubahirize ibyo yamusezeranyije byo kumufasha kurera umwana. Uyu mukobwa yemeza ko ubwo yiteguraga kujya muri stage ye muri Hotel Pacis yo mu Ruhango, yagiye kuri paroisse ashaka ko […]Irambuye
Abayobozi bafite aho bahurira no gucunga imari ya rubanda cyane amafaranga mu murenge wa Kibilizi wo mu Karere ka Nyanza baremeza ko gusurana hagati y’inzego byafasha kunoza serivisi. Intumwa z’umurenge wa Kibilizi zikaba kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 Werurwe zarakoreye urugendo shuri mu murenge wa Gatenga wo mu Karere ka Kicukiro mu rwego […]Irambuye
Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu bamwe mu bayobozi b’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) batangaje ko mu cyumweru cyahariwe ubucuruzi, u Rwanda ruzashyira ingufu mu bufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi n’igihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi. Nkuko abo bayobozi babitangaje u Rwanda nk’igihugu kibarizwa mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), nyuma yo kumenyekanisha ibicuruzwa byabo mu gihugu cya […]Irambuye