Digiqole ad

Muhanga: Bibutse umurage basigiwe na Nzambazamariya Veneranda

Mu muhango wo kwibuka ku  nshuro ya 15  Nzambazamariya  Véneranda,  Bajyanama Donatien, Umuyobozi w’umuryango    (Organisation Nzambazamariya Véneranda)  yavuze ko   gushyira mu bikorwa umurage w’ubuntu basigiwe na Nzambazamariya bigaragaza ko akiriho  n’ubwo  yitabye Imana.

Uhereye ibumoso V Mayor  Mukagatana F n'abagize  umuryango Nzambazamariya Vénéranda, mu muhango wo kumwibuka ku nshuro ya 15
Uhereye ibumoso Vice  Mayor Mukagatana  n’abagize Umuryango Nzambazamariya Vénéranda mu muhango wo kumwibuka ku nshuro ya 15

Iki gikorwa  cyo kwibuka Nzambazamariya cyabereye  mu karere ka Muhanga kuri uyu wa gatanu taliki ya 30 Mutarama 2015.

Abafashe ijambo bose bagarutse ku nsanganyamatsiko  y’uyu mwaka  yagiraga iti: “Umuco w’ubuntu: inkingi yo kurwanya ubujiji nka kimwe  mu bitera ihohoterwa”

Bagarutse ku bikorwa  bavuga ko byaranze uriya  mubyeyi mbere yuko yitaba Imana ari nabyo yahoraga  ashyira imbere yita ku bababaye.

Bajyanama Donatien, Umuyobozi w’uyu muryango witiriwe Nzambazamariya Vénéranda, yavuze ko  umurage basigiwe na Nzambazamariya wafashije benshi kujijuka, bakamenya gusoma, kwandika, no kubara kandi asezeranya abari aho ko Umuryango akuriye ugiye gukomeza ibi bikorwa no myaka iri imbere.

Ati “ Mu buto bwe, Nzambazamariya yarwanyije ihohoterwa rikorerwa abagore, kandi akita no ku barikorewe,  akenshi  ihohoterwa rizanwa n’ubujiji,  tugiye  kuburwanya rero!”

Mukanyandwi Béatrice, atuye mu mudugudu wa Gasharu, akagari ka Remera, Umurenge wa Nyamabuye, avuga ko bazashimishwa no kubona  amashyirahamwe  y’abagore yasize  akiriho, yongeye gukora kuko ibikorwa byinshi  bigamije kwita ku bagore babiheruka  ataritaba Imana kandi ngo  n’Ikigo  kimwitirirwa kiranoza neza ibikorwa byacyo ngo amatungo magufi yahaye abagore batishoboye, imishinga y’ubworozi bw’inzuki  byose bisa  n’ibyadindiye.

Mukagatana  Fortunée, Umuyobozi  wungirije mu karere ka Muhanga, ushinzwe imibereho y’abaturage, yasabye  abaturage  gutera ikirenge mu cya Nzambazamariya, batoza abana  umuco  wo kugira ubuntu  nk’uko  uwo  bibuka yari yarabitojwe n’ababyeyi akurana uwo muco kugeza  yitabye Imana.

Nzambazamariya Vénéranda, yavukiye i Kabgayi ubu ni mu Karere ka Muhanga mu mwaka w’1957,  yakoze mu miryango itandukanye akaba numwe mu bagore bitabiriye inama  yabereye i Beijing Mu Bushinwa, yavuyemo  imyanzuro 12 yavugaga ku ruhare rw’abagore n’amajyambere.

Yitabye Imana  mu mwaka wa 2000 azize impanuka y’indege  ubwo yavaga mu nama  mu gihugu cya Cote d’Ivoire.

Ingabire  Marie Immaculée wa Transparency International  Rwanda ari mu babanye neza na Nzambazamariya Vénéranda
Ingabire Marie Immaculée wa Transparency International Rwanda ari mu babanye neza na Nzambazamariya Vénéranda
Ikigo Nzambazamariya yari afite mu nzozi cyarubatswe n'ubwo kitaranonosora imikorere yacyo neza
Ikigo Nzambazamariya yari afite mu nzozi cyarubatswe n’ubwo kitaranonosora imikorere yacyo neza

MUHIZI ELISEE

UM– USEKE.RW/Muhanga.

 

en_USEnglish