Digiqole ad

MTN yashyize hagaragara ishami rishya ryiswe “MTN Business”.

 Kuri uyu wa gatanu tariki 28/2/2014 MTN Rwanda  sosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga  mu  Rwanda yatangije ishami rishya  rizajya ryita ku bibazo  by’abakiriya bayo  ryiswe “ MTN Business”.

 

Norman aganira n'abanyamakuru
Norman aganira n’abanyamakuru

MTN Rwanda  ivuga ko iri shami rizajya rireba cyane cyane abakiriya bayo  bafite ibigo, yaba  ibiciriritse cyangwa  n’ibikomeye.  Bavuga ko kandi iri shami   ryashyizweho kugira ngo ribashe kwegera  abakiriya  bari mu  rwego rw’imikoranire ya buri munsi( Coperate clients).

Norman  Mpunyampundu,   umuyobozi mukuru w’iri shami   yavuze ko  bafite gahunda ndende dore ko hari  serivisi nyinshi  abakiriya babo bafataga cyane cyane zijyanye na” Data Services” ariko noneho hagiye kongererwaho izindi serivisi  nyinshi uyu mwaka kandi zikagera  kuri abo bakiriya babo  bitwa  “Coperate Clients”.

Yagize ati:” MTN ifite “Broadband internet Services “  kuko ni umuyoboro mu gari ushobora gukoreshwa n’ibyo bigo bikomeye ariko usibye n’ibyo turashaka kongera ingufu kuri uwo muyoboro ukaba  munini cyane kugira ngo internet irusheho kuba nziza”.

Akomeza agira ati:” Dufite izindi serivisi ziswe “Closed  user group” ni serivisi mushobora kuba muri hamwe, ku buryo abakozi bashobora kujya bahamagarana  nta mafaranga agenda  gusa bisaba kuza kuri MTN tugakorana amasezerano mugatangira kuyikoresha

Bamwe mu bafite ibigo bikomeye na bo bari bitabiriye iyi nama mu rwego rw'imikoranire
Bamwe mu bafite ibigo bikomeye na bo bari bitabiriye iyi nama mu rwego rw’imikoranire

Munyampundu  yakomeje avuga ko  MTN  ifite gahunda yo kwegereza  ibyo bigo bikomeye  Mobilemoney   n’uburyo bwiswe “bulk payment” kugira ngo na bo  babashe kuzikoresha mu kwishyura abakozi babo umushahara, kuko nta kindi bisaba uretse gutanga   nimero n’amafaranga bashaka gukoresha kuri  MTN, maze bakabibakorera mu buryo bwihuse k’uburyo amafaranga ahita ajya mu bakozi ba bo.

Iri shyami rishya MTN yatangije  ku mugaragaro rigiye kwita ku  bibazo by’abakiriya, ku buryo abakozi  ba MTN bazajya  baboneka   amasaha 24/7, ku buryo umukiriya uzabagana  bazajya bihutira kumukemurira ibibazo.

Claude Gaga ushinzwe ibya MTN Mobilemoney ari gusobanura uburyo ishyami ayoboye rikora
Claude Gaga ushinzwe ibya MTN Mobilemoney ari gusobanura uburyo ishyami ayoboye rikora
Aba  na bo ni bamwe mu bitabiriye
Aba na bo ni bamwe mu bitabiriye
Salma umukozi wa MTN na we yasobanura ibikorwa bya yo
Salma umukozi wa MTN na we yasobanura ibikorwa bya yo

Daddy SADIKI RUBANGURA
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • MTN urakataje mwitera mbere rwose…MTN OYEEEEEEEEEEEEE!!!

Comments are closed.

en_USEnglish