Month: <span>September 2014</span>

Kuri uyu munsi Mpuzamahanga w’abashaje, mu Rwanda bamerewe bate?

Hejuru ya 70% by’abaturage b’u Rwanda ni urubyiruko, umubare utageze kuri miliyoni imwe ni uw’abantu bashaje. Kuri iyi ya mbere Ukwakira Isi irizihiza ku nshuro ya 24 umunsi mpuzamahanga wa bene aba. Abo mu Rwanda baganiriye n’Umuseke bagaragaza ibibazo mu buzima bwabo bugoye, insanganyamatsiko y’uyu munsi iragira iti “Nta wusigaye inyuma: tuzamure umuryango wa twese”. […]Irambuye

Muhanga: Urugomero rugiye kuzura hari abaturage badahawe ingurane

Hasigaye ukwezi  ngo imirimo yo kubaka urugomero  rwa Nyabarongo  ruherereye mu murenge wa Mushishiro mu karere ka Muhanga irangire ariko bamwe mu baturage batangaje ko   amasambu yabo yatangiye kurengerwa n’amazi y’urugomero,  kandi  imitungo yabo ikaba kugeza ubu itarigeze ibarurwa. Mu ruzinduko Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ingufu mu Rwanda( Rwanda Energy Group) Mugiraneza Jean Bosco yagiriye  […]Irambuye

Nta mpungenge z’umuvuduko w’ibiciro ku masoko – Rwangombwa

30 Nzeri 2014 – Mu nama ngarukagihembwe  ya Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yabaye kuri uyu wa kabiri tariki 30 Nzeri, ubuyobozi bwa BNR bwatangarije itangazamakuru ko imibare  y’ubukungu bw’u Rwanda yerekana ko bumeza neza. Abayobozi ba BNR bamaze ko impungenge abaturage ku kibazo cy’uko  mu mezi atatu asigaye ngo uyu mwaka urangire, ibiciro bishobora kuziyongera […]Irambuye

Charles Bandora yashinjuwe n'umutangabuhamya w'Ubushinjacyaha

Mu rubanza Urukiko Rukuru ruburanishamo Charles Bandora urengwa n’ubushinjacyaha kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho, kuri uyu wa 30 Nzeri, umutangabuhamya wo ku ruhande rw’Ubushinjacyaha yumvikanye ashinjura uregwa atangaza ko kuba ubuhamya yatanze mbere bwaramushinjaga ari uko yabutanze ku gahato nyuma yo kwizezwa kuzagabanyirizwa ibihano. Kuva kuwa mbere tariki 29 Nzeri, Urukiko rukuru rwatangiye […]Irambuye

Col.Byabagamba na Frank Rusagara barafungwa by'agateganyo

Urukiko rwa gisirikare i Nyamirambo rwategetse ko Col Tom Byabagamba, (Rtd)Brig Gen Frank Rusagara wasezerewe mu ngabo  ndetse n’umushoferi wa Rusagara witwa Francois Kabayiza na we wasezerewe ngabo z’u Rwanda bafungwa iminsi 30 by’agateganyo mbere y’uko urubanza rwabo rutangira kuburanishwa mu mizi, icyemezo cyafashwe kuri uyu wa kabiri tariki 30 Nzeri 2014. Uyu musirikare mukuru, Col […]Irambuye

Abanyarwanda bubaka ubukungu bw’America batabizi!

Mu ihuriro ryitwa RW-IGF (Rwanda Internet Governance Forum), abaririmo barasuzuma uburyo Internet yakoreshwa neza mu Rwanda bigafasha kuzamura ubukungu bw’igihugu ngo kuko hari amafaranga menshi Abanyarwanda batakaza bakoresha Internet akigira kubaka America. Ibiganiro bifungura iri huriro ryatangijwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, wavuze ko aho isi yerekeza kuri ubu ari ku bukungu bushingiye […]Irambuye

Kamonyi: Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere yatawe muri yombi

Amakuru agera ku UM– USEKE aravuga ko mu ijoro ryakeye umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kamonyi Emmanuel Bahizi  yaraye atawe muri yombi kubera impamvu zitaratangazwa. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere  ka Kamonyi yemejwe n’Umuyobozi w’aka karere, Rutsinga Jacques mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa Umuseke, Muhizi Elisee ukorera mu Ntara y’Amajyepfo ariko yamutangarije ko na […]Irambuye

Itangazamakuru ntabwo ari iryo kwishisha – Prof Shyaka

Mu nama iri kubera mu Mujyi wa Kigali ihuza abanyamakuru bo mu karere k’Ibiyaga bigari, RGB, RMC  na MHC bigira hamwe uko inzego zitandukanye zakorana ngo itangazamakuru rikorere abaturage mu bwisanzure, umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) Prof Anastase Shyaka yasabye abayobozi kutishisha itangazamakuru ariko buri rwego  rugakurikiza itegeko. Abanyamakuru bari muri iyi nama nabo banenze […]Irambuye

Rayon: Sina Jerome yarasinye, Musa Mutuyimana ntibirarangira

Abakinnyi babiri   bizwi ko baguzwe  n’ikipe y’i Nyanza Mutuyimana Musa na Sina Jerome bavanwe mu ikipe ya Police FC  muri uku kwezi kwa cyenda ngo bombi ntibaragera i Nyanza,   Mutuyimana Musa we ntibirarangira neza nk’uko ubuyobozi bwa Rayon sport bwa bitangarije Umuseke. Umuyobozi mukuru w’ungirije mu ikipe ya Rayon Sports  Gakumba Charles yabwiye Umuseke ko […]Irambuye

Cheick Tiote, kuba afite abagore babiri n’inshoreke imwe ni ibisanzwe

Uyu mukinnyi wo hagati mu ikipe ya Newcastle United afite abagore babiri, umwe iwabo muri Cote d’Ivoire, undi mu bwongereza aho akora ubu, aba bombi barashakanye, ndetse n’inshoreke imwe babyaranye umwana. Ibi kuri we nk’umusilamu ngo ni ibintu bisanzwe.   Uyu musore uhembwa £45,000 mu minsi irindwi yashakanye na Laeticia Doukrou mu ntangiriro z’uku kwezi […]Irambuye

en_USEnglish